Urukundo rwa John F. Kennedy Jr. na Carolyn Bessette-Kennedy rwongeye kugarukwaho muri filime nshya

                                INKURU Y'URUKUNDO


Nta rukundo rwigeze rusuzumwa, rusesengurwa kandi rukundishwa abantu mu itangazamakuru n’imbuga nkoranyambaga nk’urwa John F. Kennedy Jr. n’umugore we Carolyn Bessett Kennedy. Uretse kuba bari bafite umwihariko n’imyambarire itangaje yakururaga benshi, aba bombi bari bazwiho gukunda ubuzima bw’ibanga, nubwo bitabujije isi yose kubakurikirana no gusesengura buri kantu kose kabarebaga.

Uyu mubano wabo wongeye kuza mu ishusho nshya binyuze kuri Ryan Murphy, wakoze urukurikirane rwitwa Love Story:  John F. Kennedy Jr & Carolyn Bessette , rumaze gutangira kwerekanwa kuri televiziyo.

Iyi filime ishingiye ku buzima bwabo muri New York yo mu myaka ya 1990, ikagaragaza uko bamenyanye, uko bakundanye, uko biyemeje kubana ndetse n’ubukwe bwabo bwabaye mu ibanga rikomeye. Ikanerekana uburyo itangazamakuru ryabakurikiranaga bikabije kugeza ku rupfu rwabo rubabaje mu 1999. Iyi nkuru ishingiye ku gitabo cyanditswe na Elizabeth Beller kivuga ku buzima bwa Bessette, ikibanda ku guhangana hagati y’urukundo rw’ibanga n’ubuzima bwari mu mucyo w’itangazamakuru, inagaragaza imyambarire yihariye yo mu myaka ya 1990 yakunzwe cyane.

Abakinnyi bakina aba bombi ni Paul Anthony Kelly na Sarah Pidgeon, bagaragaza ishusho y’aba bombi mu buryo bwumvikana kandi bushimishije. Muri uru rukurikirane kandi hagaragaramo Naomi Watts ukina Jacqueline Kennedy Onassis, ndetse na Grace Gummer, umukobwa wa Meryl Streep, ukina Caroline Kennedy.

Uko wayireba muri Australia

Ku bari muri Australia, uru rukurikirane rwerekanwa by’umwihariko kuri Disney+. Kugira ngo ururebe, bisaba kuba ufite konti yishyurwa, aho kwiyandikisha bitangirira ku madolari 15.99 AUD ku kwezi.

Igihe ibice bishya bisohokera

Ibice bitatu bya mbere byasohotse ku munsi w’abakundana (Valentine’s Day), naho ibindi bizajya bisohoka buri wa Gatanu. Uru rukurikirane rugizwe n’ibice icyenda byose, aho igice cya nyuma kizerekanwa ku wa 27 Werurwe 2026.

tanga igitekerezo

Previous Post Next Post