Ku Cyumweru, tariki ya 22 Gashyantare 2026, hatangiye
isiganwa mpuzamahanga rya Tour du Rwanda, ariko umunsi wa mbere waranzwe
n’inkuru ibabaje y’impanuka yahitanye abantu babiri abandi batandatu
barakomereka.
Etape ya mbere yatangiriye mu Karere ka Gicumbi yerekeza mu
Karere ka Rwamagana. Mbere y’uko abakinnyi bahaguruka, habanje kunyura imodoka
z’ibigo byamamaza biri mu baterankunga b’iryo siganwa. Zigeze mu Karere ka
Gatsibo, ahazwi nko i Gabiro, imwe muri izo modoka yavuye mu muhanda igonga
abafana bari bahagaze ku ruhande rw’umuhanda baje gushyigikira isiganwa.
Abantu babiri bahise bitaba Imana, mu gihe abandi batandatu
bakomeretse bahise bajyanwa kwa muganga kugira ngo bitabweho. Polisi y’u Rwanda
yatangaje ko yatangiye iperereza rigamije kumenya icyateye iyo mpanuka.
Nyuma y’isiganwa, Perezida w’Ishyirahamwe ry’Umukino
w’Amagare mu Rwanda, Ndayishimiye Samson, yasabye abakunzi b’umukino bari i
Rwamagana gufata umwanya wo kwibuka abaguye muri iyo mpanuka.
Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, Candy
Basomingera, na we yihanganishije imiryango yabuze ababo anasaba abakoresha umuhanda
kubahiriza amategeko no kwitwararika, cyane cyane mu gihe hari ibikorwa
by’imikino bikurura imbaga.
Yagize ati: “Twababajwe n’amakuru y’abantu babuze ubuzima
muri aka gace ka mbere ka Tour du Rwanda. Turasaba abakoresha umuhanda
kwitonda, n’abakurikira isiganwa bakaba maso mu gihe bari gushyigikira
abakinnyi. Turihanganisha imiryango yabuze ababo, tunifuriza abakomeretse
gukira vuba.”
Ku ruhande rw’imikino, Umunya-Israel Itamar Einhorn ukinira
ikipe ya Israel–Premier Tech ni we wegukanye etape ya mbere, ahita yambara
umwambaro w’umuhondo. Yakurikiwe na Hodei Gabina Munoz wa Soudal Quick-Step
Devo Team na Mewael Girmay wa Istanbul Team.
Isiganwa rirakomeje mu gihe abayobozi bakomeje gushimangira
ko ingamba z’umutekano zigomba kurushaho kubahirizwa kugira ngo hirindwe
impanuka nk’izi mu minsi iri imbere.



Post a Comment