URUBYIRUKO RWA AFRIKA RWAZAMUYE IJWI:#SpeakUpAfrica

 



 iki gihe isi ihanganye n’ibibazo byinshi byugarije urubyiruko, ubukene, ivangura, n’indwara zititabwaho, TikTok yabaye umuyoboro mushya w’ijwi. Ibi ni byo byatumye hatangizwa challenge ya #SpeakUpAfrica – ubukangurambaga burimo gutuma urubyiruko rutinyuka kuvuga ibitagenda, kubaza abayobozi inshingano, no kwerekana ko ari inkingi ya sosiyete.


Icyo challenge ya #SpeakUpAfrica aricyo


Iyo challenge yatangijwe n’imiryango itandukanye igamije gushishikariza urubyiruko kugira uruhare mu kuvugira ibibazo birimo indwara zidakunze kuvugwa (NTDs), uburenganzira bwa muntu, n’imibereho myiza.


Uko ikwirakwiriye


Hashtag #SpeakUpAfrica yakwirakwiye ku mbuga nkoranyambaga nka TikTok, aho urubyiruko rwifashishije indirimbo, amagambo akomeye, cyangwa ibiganiro bigufi.


Impamvu ikomeye y’iyi challenge


Intego ni ugusaba ko ijwi ry’urubyiruko ritajya ryumvwa nk’urusaku, ahubwo rikubahirizwa nk’urufite uruhare mu mpinduka.


Impamvu iyi challenge ishobora gufasha Afurika


Abakurikiranira hafi ubuzima bw’urubyiruko bavuga ko ubukangurambaga nk’ubu buhindura imyumvire, bwigisha ubumwe n’uruhare rwa buri wese mu iterambere.


Incamake y’icyo twakwigira kuri iyi challenge


Nubwo benshi mu rubyiruko nyafurika batarabona amahirwe angana, iyi challenge igaragaza ko bafite ijwi. Kuba TikTok ishobora kuba urubuga rw’impinduka ni ubutumwa bukomeye ku bayobozi


#SpeakUpAfrica si iy’urubyiruko rufite telefone gusa, ni iya buri wese wumva afite ubutumwa agomba gutanga. Kwandika, kuvuga, cyangwa gukora video si ibintu byoroshye kuri bose, ariko gukoresha ijwi ryacu mu buryo butari ubw’urwenya gusa ni intambwe ikomeye y’ihinduka.



tanga igitekerezo

Previous Post Next Post