ABANTU BASAGA 80 BATAWE MURI YOMBI MU GIKORWA CYO GUKUMIRA INZOGA ZITUJUJE UBUZIRANENGE


Mu Rwanda, ibikorwa byo kurwanya inzoga zitujuje ubuziranenge bikomeje gukaza umurego.

‎RIB yatangaje ko abantu barenga 80 bamaze gutabwa muri yombi bakekwaho kugira uruhare mu gukora no gukwirakwiza inzoga zitujuje ubuziranenge.

‎Abantu 16 bamaze kugaragazwa, barimo ba nyir’inganda n’abakozi bazo. Muri bo harimo NTIHANABAYO Samuel uzwi nka Kazungu ,umuyobozi wa Ingufu Gin.

‎Ibi bije nyuma y’uko inzego zibishinzwe zafunze inganda nyinshi zikora ibinyobwa bisindisha, ndetse zitegeka ko bimwe mu bicuruzwa byazo bikurwa ku isoko.

‎Abayobozi basabye abaturage kwirinda kunywa inzoga zitazwi inkomoko cyangwa zitujuje ubuziranenge, kuko zishobora guteza uburwayi bukomeye ndetse n’urupfu

tanga igitekerezo

Previous Post Next Post