Ikipe y'igihugu y'u Rwanda ya handball mu bagabo iri kwitrgura ku mu buryo bukomeye kugirango izitabire igikombe cya Africa cya 2026 , iteganya gukina imikino ine ya gicuti mbere y'uko iri rushyanwa ritangira i kigali taliki ya 21 kugeza ku ya 31 Mutarama
U Rwanda ruzitabira iri rushanwa ku nshuro ya 27 ruri mu Itsinda A aho ruzahuriramo na Algeria , nigeria na zambia amwe mu makipe akomeye ku mugabane wa africa .
Kuva kuri taliki ya 6 Ikipe y'igihugu yasubukuye Imyitozo n'umwiherero ugamije kunoza urwego rw'abakinnyi no kubategura kugirango bazitware neza muri iki gikombye a cya Africa .
Umutoza w’Ikipe y’Igihugu, Hafedh Zouabi, yahamagaye abakinnyi 18 mu mwiherero wa nyuma, barimo abanyezamu batatu n’abakinnyi b’ingeri zose, batoranyijwe hashingiwe ku mikinire n’ubunararibonye mu marushanwa atandukanye yo mu gihugu.
Iyi myiteguro ikomeje igaragaza icyerekezo cyo guteza imbere Handball y’u Rwanda, no gushaka umusaruro mwiza imbere y’abafana bazaba bakurikiye iri rushanwa ribereye ku butaka bw’’u Rwanda

Post a Comment